26/08/2026
Sobanukirwa n’indwara yo (Anemia) n’uburyo wahangana na yo.
Kubura amaraso ni ikibazo gihangayikisha buri wese bikaba bibi cyane iyo bifashe umwana cyangwa umugore utwite kuko n’ubusanzwe ubuzima bwabo buba bukeneye kubungabungwa bikomeye.
Nubwo twayise indwara,ariko twavuga ko ari ikibazo umubiri ugira bitewe nuko insoro zitukura zabaye nkeya mu maraso.
Insoro zitukura zibaho hemoglobin nayo ikaba igizwe n’ubutare.
Ubu butare rero nibwo bujyana umwuka wa ogisijeni(oxygen) buwukura mu bihaha bukawukwirakwiza mu mubiri wose.Kubura rero insoro zitukura, bigira ingaruka no ku itembera rya oxygen mu mubiri.
Ubusanzwe umubare w’insoro zitukura urahinduka bitewe n’imyaka,igitsina,n’ubwoko(abirabura, abazungu,…).
Mu gupima bagendeye ku bwoko bwawe,igitsina n’imyaka ufite niho bavuga bati ufite ikibazo cy’amaraso make.
?
Kugira amaraso make biri mu bice bigera kuri 400 binyuranye ariko impamvu nyamukuru zibitera ni 3 nkuko tugiye kubibona.
1.Gutakaza amaraso
Ni ukuba wari uyafite nyuma akaza kugabanuka.Ibi birimo ibice 2;mu gice cya mbere hazamo iby’ako kanya cyangwa ibidahoraho nko gukora impanuka ukava cyane,kubagwa ugatakaza amaraso no kubyara.
Mu gice cya kabiri twabyita ibya karande aho biterwa n’ibisebe mu gifu,na kanseri kimwe n’abajya mu mihango bakava cyane.
2.Gukorwa kw’insoro zitukura zidahagije
Ibi ni cya gihe umubiri wawe utabasha kugeza ku bipimo byemewe mu nsoro zitukura,bityo ukagira ikibazo.Ibi ahanini biterwa no kurya ifunguro ridakungahaye ku butare kuko nibwo soko ya mbere yo kugira insoro zitukura zihagije.Ibi bireba cyane abahagarika kurya inyama ntibamenye ibyo bagomba kuzisimbuza.Ikindi kibitera ni kanseri y’amaraso, , ikaba ituma umubiri wawe ukora insoro zera nyinshi bityo gukora insoro zitukura bikagabanuka.
3.Kwangirika kw’insoro zitukura
Ubusanzwe izi nsoro zigira uburambe bw’iminsi 120 mu maraso atembera mu mubiri.Ariko zishobora kwangirika cyangwa zigapfa iyi minsi itageze bitewe ahanini nuko hari igihe mu kwibeshya kw'abasirikare b’umubiri babona izi nsoro nk’umwanzi winjiye mu maraso bityo bakazishwanyaguza.
Kubura amaraso birangwa n’iki?
Akenshi kubura amaraso birangwa n’umunaniro uhoraho ugendana n’isereri.
Gusa si ibyo gusa hari n’ibindi bimenyetso birimo:
Uruhu guhindura ibara, rukijima
Guteragura cyane k'umutuma
Guhumeka insigane
Kuribwa mu gatuza
Kubabara umutwe rimwe na rimwe ukagira n'ikizungera
Bivurwa bite?
Nkuko twabibonye, kubura amaraso biterwa nuko mu maraso harimo insoro zitukura nkeya.
Umuti wa mbere ni ukurya ifunguro ryongera izi nsoro mu maraso.
Hano umurwayi asabwa kongera ku ifunguro rye imboga mbisi,imbuto n’inyama cyane cyane iy’umwijima.
Twibutseko imboga n’imbuto bizakongerera cyane vitamini B9,n’ubutare naho inyama zikakongerera vitamini B12 n’ubutare. Ubutare,vitamini B9 na B12 ni byo biza ku isonga mu kongera insoro zitukura.
Mu bimera twavuga ibishyimbo,ibinyampeke nk’umuceri n’ingano bigifite ka gahu k'inyuma, beterave,ibinyomoro,amacunga,isombe n’imboga muri rusange n'ibindi,...
Soya na tofu,
Mu matungo harimo amagi,inyama n’ifi.
Ni bimwe mu biribwa byagufasha guhangana no kugira amaraso macye nubwo hari n'ibindi.
( )
Mu gihe bikomeje kwanga ukabona indwara yanze gukira egera muganga agufashe kubona imiti Ihangana n'uburwayi wegere n'abacuruzi b'inyunganiramirire bagufashe.
Hari inyunganiramire zizwiho kongera amaraso cyane ntetse no guhangana n'ibimenyetso cg ingaruka bigaragara ku muntu wayabuze,iyo uzikoresheje ubuzima bwawe bugenda neza,
Muri zo twavugamo ku isonga nka , (Vitamin C) n'izindi nyinshi harimo n'izongera abasirikare barinda umubiri.
Ku bindi wakenera kumenya ku buzima duhamagare cg mutwandikire kuri WhatsApp +250783250599
Kora Follow kuri page yacu kugira ngo ujye ubona amakuru menshi ajyanye n'ubuzima.
WhatsApp group